Ubuvanganzo bw'umwimerere nyarwanda

GIRA IBAMBE

GIRA IBAMBE 

 

Intashyo yawe nayibonye

Kandi nayisomye ndayumva

Ntereka akanya gato nduhuka

Hashize umwanya  ndayicurura

Ntabwo mbeshya ariko iragoye

Ndabona uhanga ugahimbarwa

Ukavuga ibyiyumviro byawe

Nkumva cyane unteye inyota

Yo kumenya impumeko y'abandi

Abandi wavuze mu iyi nganzo

 

Ahantu uvugira ntuhatobora

Usibye yenda kuhashushanya

Ngo hera akabuto kitwa amahoro

Ngo Impuha zaho zaragimbye

Ndabaza google ko ihazi

Ndebe niba hagera ubwato

Cyangwa cya rutemikirere

Nangwa nzende izi mbago zanjye

Nze kuhasura nshire iyi nyota

Ntiwumve icyaka si cyo nkubwiye.

 

Ni uko rata twikomereze

Ndabona intimba mu iyi nyandiko

Nkabona akajinya kagusabitse

Ndabona ushima aho uri none

Kandi ukagaya ahandi wahoze

Ndabona ushima abo mukibana

Ngo ni ababyeyi barera neza

Ukiha kugaya abo mwabanye

Kandi ndumva na njye mbarimo

Mbwira impamvu yabiguteye

 

Mbwira ahantu uvana amakuru

Atuma utaryama ngo usinzire

Ugahora wikanga sakabaka

Zigatuma izuba riva ugihanga

Ushaka inganzo yo gukomeretsa

Kandi habaho izindi nganzo

Nka zirya nakumvanaga nkikumenya

Zirimo amahamba ajimije cyane

Atera abari ibitotsi byiza


Inganzo yawe yihindukize

Usubire mu irya y'urya munsi

Turi muli salle yo muli halle

Ubwo wamutakaka urya mubyeyi

Umuvuga ukuntu kwiza cyane

kandi shenge nta buryarya

Ko ari umuhire asa n'amasimbi

Ko ari umubyeyi ugira urugwiro

Birya ni kamere ntibivaho ibango

Na njye ni ko amatwi yampaye

 

Nimpuguka nzakomeza ibi

Byo kukubwira ngo gira ituze

Uhorane Imana ugire urugwiro

Ujye mu nganzo urusakaze

Cyane cyane uvuge umutoma

Aho nguherukiye ni wo ukunda

Biranakubera uwumanukura

Uvuga igisusuza ibyago byacyo

Gihuye n'inkono icaniye

 

Nzahuguka ngume nkubwire

 



19/02/2008
2 Poster un commentaire

A découvrir aussi


Inscrivez-vous au blog

Soyez prévenu par email des prochaines mises à jour

Rejoignez les 436 autres membres