Ubuvanganzo bw'umwimerere nyarwanda

INKA N'INGANZO

Imyitirire y'amazina y'inka

Iyo inyambo zabaga zimaze kubyara uburiza, umutahira w'inyambo yatumiraga umwisi, akazitegereza neza, maze iz'ingenzi muri zo akazita, akaziha inshutso. Yamara kuziha inshutso agataha. Ubwo bamuhaga inka y'intizo ikamwa, yamara kuyitekesha akayisubizayo.

Iyo ubushyo bwa za nyambo bwamaraga kubyara ubuheta, bongeraga gutumira umwisi ngo agire icyo yongera ku nshutso. Ubwo yitaga iy'indatwa muri za mpete, akayisingiza. Inshutso yari yarayihaye mbere ikaba ari yo ibanza, ikitwa impamagazo, igisingizo cya kabiri ayihaye kikitwa impakanizi, ibindi bisingizo bikitwa imivugo. Igisingizo cya nyuma kikitwa umusibo (iyo cyabaga gisingiza ya ndatwa y'isonga yonyine) cyangwa imivunano (iyo cyabaga gisingiza za ndatwa zose yari yarahaye inshutso mu ikubitiro). Yamaraga gusoza uwo murimo wose wo kwita inyambo bakamuha inka y'ingororano akayicyura ikaba iye y'ishimwe.

Imvano y'inganzo

Mu Rwanda rwa cyera inka yari ifite agaciro gakomeye. Inka ni yo yarangaga ubukire. Niyo yari ifaranga ry'ubu. Inka ni yo yari ipfundo ry'ubuhake. Tuzi kandi neza ko ubuhake bwarambye mu Rwanda. Bwanahambiraga umugaragu kuri shebuja, akitwa umuntu we, akamwirahira. Bwagiye buvuna benshi bakabuvugiraho. Bati "ubuhake burica; ubuhake bujya kukwica buguca iwanyu; ubuhake bwananiranye bukukisha umugabo ikijyaruguru".

Hari n'abo bwatoneshaga bakarenguka. Bati "ubuhake bwa cyane bukunyaza mu ngoro". Bwateraga ubwibombarike. Bati: "iyo ubuhake buteye hejuru uratendera". Ariko rero kandi uwafataga nabi abagaragu yarabigayirwaga; umugaragu wahemukiraga shebuja yaragayikaga. Uwabaga ahatse abagaragu yagombaga kubagoboka bari mu byago. Umugaragu na shebuja babaga bafitanye ubumwe bukomeye bwafatiye ku nka. Iyo ubwo bumwe bwazagamo agatotsi ku mugaragu, shebuja yaramunyagaga, naho byaba biturutse kuri shebuja, umugaragu akamwimura akajya gukeza ahandi.

Intwari yo ku rugamba yagororerwaga inka. Inka yungaga inshuti. Uwahemukiye undi mu bintu bikomeye, akamuha icyiru cy'inka. Inka yahuzaga inshuti kuko abahanaga inka babaga babaye inshuti z'amagara.
Inka bayikwaga umugeni. Umusore wabaga yaraye arongoye baramubyukutukirizaga, inka zikamukamirwa. Mu itwikurura ry'umugeni bazanaga amata. Umubyeyi yarabyaraga, bajya kumuhemba bakazana amata.
Umwana iyo yahambaga se cyangwa sekuru yahabwaga inka y'inkuracyobo (inkuramwobo). Umwana wahambaga nyina cyangwa se nyirakuru byitwaga gukamira nyina cyangwa nyirakuru. Mu mihango yo kwera hazagamo ibyerekeye kujya ku kibumbiro, hakazamo ibyo guha amata abana b'uwatabarutse. Mu ndamukanyo z'abanyarwanda dusanga abantu bifurizanya gutunga. Bati "gira inka", "amashyo"

Nta wakwiyibagiza ko mu byo Abanyarwanda bafatiragaho bagena ibihe by'umunsi, inka yari iri mo.
Baravugaga bati :

* Inka zivuye mu rugo (aho ni nko mu masaa moya)
* Inka zikamwa (aho ni nko mu masaa moya na 15 - ubwo ziba zikamirwa ku nama, ku irembo)
* Inka zahutse (aho ni nka saa mbiri)
* Inyana zahutse (aho ni nka saa moya irengaho duke)
* Inyana zitaha (nko mu masaa yine)
* Mu mashoka (nko mu masaa saba)
* Inka zikuka cyangwa mu makuka (nko mu masaa munani)
* Inyana zisubira iswa (nko mu masaa cyenda)
* Inka zihinduye (nko mu masaa kumi)
* Inyana zitaha (nka saa kumi n'imwe)
* Inka zitaha (nka saa kumu n'ebyiri n'igice)
* Inka zikamwa (nko mu masaa moya).

Uwagendera byonyine kuri ibi byose tumaze kubona ntiyatangazwa no kubona haravutse ubuvanganzo bufatiye ku nka. Ibyo bigaragarira

* Mu mahamba : ni indirimbo zaririmbwaga n'abashumba bacyuye inka. Izo ndirimbo zirazwi mu Rwanda hose.
* Mu mabanga cyangwa mu mahindura : indirimbo abashumba baririmbaga inka zirisha, zitaha, batarazikata inkoni ngo ziboneze zitahe.
* Mu nzira : indirimbo zaririmbirwaga inka mu gihe zabaga zigana amabuga cyangwa ibibumbiro.
* Mu ndama : indirimbo baririmbaga mu gihe inka zabaga zibyagiye ahantu, bazishoye amabuga cyangwa ibibugazi. Izo ndirimbo hari n'ubwo zaririmbwaga mu minsi mikuru, bamurika inka. Icyo gihe abagore n'abakobwa bahimbazaga izo ndirimbo baziha amashyi.
* Mu byisigo : indirimbo zo mu gihe cyo kudahira. Basingizaga amazi ahiye hamwe n'inka zabaga zayashotse.
* Mu myama (mu myoma) : indirimbo zaririmbwaga mu gihe cy'impeshyi, zigisha (zigana ahari ubwatsi).

Abandi batangiye kuyisingiza mu mazina.

Imiterere y'amazina y'inka n'ubwiza bwayo

Mu mazina y'inka abisi bavumbuye inganzo ishingiye ku ipima rigendera ku kabangutso. Ni ukuvuga imikoreshereze y'ubutinde bw'inyajwi.

Babipimye bate rero?
Reka tugendere kuri uru rugero kugira ngo dushobore kubyumva.

" Rutiimiirwa ziri mu mihigo "

Turabona muri uyu mukarago ko inyajwi ya mbere ifite ubutinde bubangutse, iya kabiri n'iya gatatu zikagira ubutinde bunimbitse, izikurikiyeho zose zikagira ubutinde bubangutse. Akabangutso kakaba rero gahwanye n'inyajwi ibangutse, naho inyajwi inimbitse ikagira utubangutso tubiri. Urugero tumaze kubona rukaba rubara utubangutso 12.

Abasesenguye amazina y'inka babyitondeye basanze
- hari agizwe n'imikarago ifite utubangutso 9
Uruqero : Inka ya Rumonyi
Rutagwaabiz(a) iminega
(i) nkuba zeesa mu bihogo
Rwaa mugabo nyirigira
(i) mbizi(i) isaanganizw(a) ingoma
n'umugabe w'i Ruyuumba
(i)kiiseesuur(a) imbibi
...

- hari agizwe n'imikarago ifite utubangutso 10
Urugero : Inka y'i Nyanza.
Ruti rwuuhira isahaaha
ingabo zihomerera impuunzi
rwaa manywa ya rugemahabi
Inkaburano y'impiingaane
Ya rukanikandoongoozi
Irazimena zigakubita
Zigituruka mu kireere.
...

- hari agizwe n'imikarago y'utubangutso 12
Uruqero : Inka ya Musoni.
Rwiiyamirira yuuhira imbuga
(I) nkuba zihiindura abanyabihogo
Rwaa Miriindi ya Siimugomwa
Imaana yaremye inyamibwa y'Impeta
Ntiibeho urugiingo uyihinyura
Yamara kuyigira intayoberana.
....

Icyitonderwa : Mu ibara ry'utubangutso, iyo inyajwi ebyiri zikurikiranye, iya mbere iburizwamo; inyajwi itangira umugemo ntibarwa.

Akamaro ko kwiga amazina y'inka

Umuntu yakwibaza niba kwiga amazina y'inka ubu hari akamaro bifite.
Uwabyibaza ntibyaba ari ugutazira. Birumvikana ko muri ibi bihe ndetse n'ibizaza ntawe uzongera kujya mu byo kwita inka. Ariko kumenya ubuhanga bw'inganzo iyi n'iyi ya kera nta cyo byishe, ndetse ni byiza. Cyane cyane byagira akamaro mu gihe umuntu yacengera iyo nganzo, hanyuma yamara kumucengeramo na we akaba yafatiraho akayikoresha mu bundi buryo. Nka Musenyeri Alegisi Kagame yacengeye iyi nganzo y'amazina y'inka, hanyuma aza kuyigenderaho ahimba "Umuririmbyi wa Nyiribiremwa" n'"Indyoheshabirayi".

Byongeye kandi umuntu ushaka kumenya ubuhanga bw'abahanzi b'i Rwanda ntagere kuri iyi nganzo y'amazina y'inka, ngo arebe ubuhanga bw'itondeke ripimye, yaba atakobwe byinshi. Ubwo buhanga bw'itondeke ripimye bavuga ko ntaho rikunda kuboneka muri Afurika uretse mu Rwanda (Francis Jouannet ), Prosodo1ogie et Phono1ogie Non Lineaire, 1985, p.73). Ibyo byaba ari nka bya bindi byo kwambara ikirezi ntumenye ko cyera.

Mu mazina y'inka harimo ko ubuhanga buhanitse. Uretse ubwo buhanga bw'itondeke ripimye, usangamo injyana, ari iy'isubirajwi, ari iy'isubirajambo; usangamo ubuhanga bwo gukoresha ijambo ryabugenewe; usangamo uburyo bwo gukoresha imibangikanyo; usangamo imizimizo myinshi inyuranye. Usangamo n'icyo abisi ubwabo bita ingaruzo. Ni ijambo risingiza cyangwa se interuro y'amagambo asingiza abami muri rusange cyangwa ingoma, hakaba n'asingiza umwami uyu n'uyu, ibikorwa bye cyangwa amatwara ye. Uwashaka kumenya imyifatire y'Abanyarwanda bo hambere, agashaka kumenya ibyo babaga bimirije imbere, yabisanga mu mazina y'inka. Ubutwari n'umurava birasingizwa, ubupfura no kwanga umugayo bikamamazwa.


Byavuye kuri http://umuco-nyarwanda.blogspot.com



13/03/2009
7 Poster un commentaire

A découvrir aussi


Inscrivez-vous au blog

Soyez prévenu par email des prochaines mises à jour

Rejoignez les 436 autres membres