Ubuvanganzo bw'umwimerere nyarwanda

HORA NZAZA

HORA NZAZA

Ka kanyana nashimye


 Kamwe k'ijuru ry'umwezi

 K'ijosi ry'umutari

 Kahogojwese na nde

 Yo kabura ako keza

 Ngo mucyahe bikwiye?

 

 Niba umutima utera

 Y' uko nabyinnye umutaho

 Ukagira intimba iteka

 Yo kutambona iruhande

 N'abakubaza banjwa

 Ngo bamenye uko tuzahura

 Batazi uko twahuye

 Barata inyuma ya Huye

 Kuko intebe ya twembi

 Ihora iganje iteka

 No mu busitani bwa Nyagasani

 Aho urukundo ruzira gukonja.

 

 Hora nzaza,

 Imyuzure y'umutima

 Nterwa n'amarira untura

 Itazatuma ngira icyunzwe

 Ejo nkazabura icyusa

 Mu mayira nca ngusanga.

 

 Impamba si iyo nsenga

 Cyane ko mfite uwo nsanga

 Ntabwo iminsi izaba umusenyi

 Inyoni ntizahamagara isake

 Ngo biririmbe ntasesekaye

 Nyaruka cyane kurusha inyawu

 Cyangwa umurabyo uvuye mu bicu

 Ingoyi y'umuruho nyihe ikiboko

 Maze uruhuke nkuvunye ihobe

 Nguhe urukingo rwica irungu.

 

 Hora nzazana umubavu ukunda

 Nsige iyo misaya y'umuseno

 Nkurore amaso y'urunyenyeri

 Ndetse na ya nyinya irasa cyane

 Urusha bose guhora ikeye

 Nshire urukumbu nkuroye wse

 Aho mu nda wagize zeru

 Kandi ahandi ari ijana risa

 Ndavuga imbavu zishyira amatako

 Ntaretse intege z'amaribori

 Zituma ingendo utayinginga

 Ngo njye wakwerejweho ubutore

 Nzakwe nduzi uri uw'icyezi

 Cyeza uyu mutima ugutaka

 Nk'uko byagenwe na Gihanga

 Mbone ntegure ya miringa

 Isa n'urugori rutega abeza

 Nkugire urwego mu bo nashimye.

 

 Hora nzaza nk'akaririmbo

 Nze nkuririmbira izo ukunda

 Nti" Uri akazuba karashe neza

 Kamwe kamurika ntigatwike

 Kandi kamurikira ibikari

 Bikikije umutima ugukunda".

 

 Hora nzaza nduta abo uzi

 Nzaza nkongorera akabanga

 Nzigamye imyaka maze imahanga

 Kandi uburezi twarabusomye

 Ngaho heka turere twembi

 Nkugire ikirezi kiruta ibindi.

 

 Hora gahunda ntabwo itinze

 Kandi imihamda iharuye neza

 Niba itarigeze n'umuganda

 Ntabwo yangamburuza umugambi

 Na Nyabarongo ntabwo inkanze

 Ifi mu koga si ubufindo

 Icyo ni igihano Adamu yampaye.

 

 Nzoga magari ariko ngusange

 Amaganya nzayatere umwotso

 Umwotsi w'intimba n'agahinda

 Nzabitere ishavu mbiganze

 Amage ature ukubiri natwe

 Maze ngukande aho wikanga

 Untere inkunga nkurage inkanda

 Nguhe urukundo ruzira inkiko.

 

 Hora nzaza nzanye amaturo

 Nguhe ibikari byuje amatungo

 Nkureme agatima ugire umutuzo

 Ugwize amata atemba imitozo

 Amatama atohagirane itoto

 Umuteto wihariye w'ubutoya

 Ube umutako w'umutima wanjye.

 

 Ayo urira anyagira umutima

 Na roho ubwayo ntiruhuke

 Iyo itekereza ko utakigoheka

 Irara amajoro igushushanya

 Usa n'akanayange mu Ijuru ryiza

 Tuzatura ingoma ibihumbi

 Ijabiro Jambo nampa ijambo

 Nziruhutse mbigire ubuhamya

 Nti" nzagukunda ndenze imyaka

 No mu busitani buzira iherezo".

 

 Hora sinzaza nk'iya Gatera

 Ntabuza intimba byagutera

 Kandi nshaka ko uwo ubitera

 Atagira inturo aho ngeza amaso

 Ahubwo ahinga ahataba umwero

 No mu kamazi k'abasamara

 Akitwa umwasama w'ikirenga.

 

 Hora nzaza nkuraga incuke

 Kuko na kera sinta ibiheko

 Naho Gishegu iharirwe akamo

 Niba kandi igomba injishi

 Kugira ngo ibashe ijyemo iyayo

 Iyo ni imirimo igira Abahanju

 Izaba yatannye bayite ishyanga

 Kandi i Rwanda ntiterekerwe

 Itamenya konsa iyo si imbyeyi.

 

                     MUPENZI VENUSTE

                    "Igitonyanga cy'urukundo gitera

                    icyizere cy'ubuzima"



25/05/2008
7 Poster un commentaire

A découvrir aussi


Inscrivez-vous au blog

Soyez prévenu par email des prochaines mises à jour

Rejoignez les 436 autres membres