Ubuvanganzo bw'umwimerere nyarwanda

Iyaremye umuntu ngo ase na yo

IYAREMYE MUNTU NGO ASE NA YO


 
Iyaremye Muntu ngo ase na yo 

Ikamuha ingabire itaramuye 

Zo kwibyarira mu buvivi 

Iyo Nyabugingo impaye ishya 

Yaraze ingenzi nubaha 

Ryo kuba nitwa kabuto muntu 

Keze ku biti by'umugisha. 

Reka nyisenge irakarama 

Ingize intore ndi ururo 

Ngo nzane ineza mu rugo uru. 

 
 
Rugira ambumbye mumufasha 

Abaha urukundo h'umurage 

Mumpa imanzi y'ubuzima. 

Ka neguke ndore ejuru 

Nje kuvunyisha ku gitabo 

Kuko Iheru ngo ari yo aba

Dore ko atetse i Jabiro iyo

Nkomere yombi Nyirijuru

Mpfukame cyane namuramye

Maze mushime Nyirishema. 


 
Amezi cyenda wangeneye

Mawe untaramana imisozi

Kandi unjyana ku iriba

Undambagirana mu bibaya

Nyamara simbabwe n'ifurwe

Yemwe sinkorwe n'urume

Cyangwa izuba iri ryotsa

Mawe ni nde wamenya

Ibanga ryari ku mutima

Rikiduhuza kugeza ubu?  


 
Dawe umpembye kuba imfura

Umva iyi mihigo ndahiriye:

Nzaguhesha ishema bishimwe

Nzajya nkubahana na mawe

Nzabashagara nzabashemera

Nzabashengerera ndi shenge

Nzababyinira mumbyinirira.

Nzaribora ku mutima

Nimubikunda mbibasabye

Ndagizwe ituze mwarazwe.  


 
Urumve nawe nyogokuru

Uncira utugani mu gacuku

Ugira ngo noye kugorama

Ukamvugiriza ubuhuha

Ugira ngo mpumeke nk'ihoho

Nkurane ubwenge buboneye

Umwana ubera abamurera;

Ndahiye kubaha abakuru

No kujya ndonda igikwiye

Umwari uvuka ku mfura.  


 
Kwitwa umwana n'umugeni

Nkaba mbikesha sogokuru

Ndetse nakesha ubumanzi

Simbabeshya ni ishema

Ni igihango kidasiba.

Uwagisasira ubutati

Yaba ari inda y'umujinya

Yaba yanga Nyirigira

Uyu wakunze ko nza kare

Ngo mbe umunezaruhimbi.  


 
Uwanga umwana abikomeje

Nzamutwama mubabaze

Nzamusesaho amarira

Natagonda namutuke

Nti: «Gapfe ubyaye, nyagucwa we!»

Inda itabyaye igira ishavu

Ni igisabo cy'amahari.

Uragije umwana aba azigamye

Uragije umwari ngo akama ayera

Uragije bombi we ararama.  


 
None rungano ndamutsa

Muze mbereke inyamibwa

Zadutanze kuboneza

Imihigo ibereye intwari

Zivuna sambwe zamuje

Zikajya inama zijya mbere.

Tugere icyacu mu cyazo

Maze turangamire ingeri.

Ingero n'ingendo ziduhame

Z'izo ngenzi mu ruhame.  




Dore imigambi ndarikiye:

Nzaba umwezi ahijimye

Ngo mu gicumbi habe umucyo

Nzaba icumbi ry'ubuhoro.

Nka mawe nawe nyogokuru

Nzasusurutsa igisasiro

Mpabwe ishimwe n'abakuru

Nzatoneshwe n'imigisha

Narazwe kera n'Iyakare

Umunsi inyita umuzezwanzu.  


 
Akira Ngenzi impozaho ijisho

Umutima ushima ushashagira!

Akira Ngenzi imbonera mpumbya

Umutima utanga utagunitse!

Akira Ngenzi impoza ndira

Umutima wuje ineza nsa!

Akira Ngenzi nkesha umugisha

Umutima uteretsemo intereko!

Akira Ngenzi itijima

AKIRA ISHIMO URAJIMIJE!  



©Nzeri 2007, Karimunda ka Mwemerangoma



06/02/2009
1 Poster un commentaire

A découvrir aussi


Inscrivez-vous au blog

Soyez prévenu par email des prochaines mises à jour

Rejoignez les 436 autres membres