Ubuvanganzo bw'umwimerere nyarwanda

Ijoro ry'urujijo

Ijoro ry’ Urujijo

 

Ndumva nkumbuye inkuru nziza,

Ko nzasanga Mahoro meza.

Amage aranga akambonerana,

Amaburakinda akankubirana,

Maze urukumbuzi rugatwika.

Umutima ukiruka ubudatuza

Ngo unsige usange ijuru wavutse.

 

Izi mpaka numva ari urujeje

Nkaho mbyaye ijana ry’ abantu

Aho ntizishaka kunjijisha

Ngo zinjandike mu matiku

Umutima uteshwe icyo nawutoje?

 

Ndarora hakurya y’ ibyo nzi

Ngira ngo nshakire yo ibyiza;

Impaka zikanga ngo nta byuzuzo

Umuyaga ukaza imboni igahemba;

Ibyo nayobewe bigahunga

 

Aho uwampanze ntiyampannye

Ibi bampenda akabimparira

Impuhwe ze bavuze zigahosha?

 

Aho uwantoye ntiyantaye,

N’ inzira itaha iwe ikantonda?

Icyatuma untererana

Ukansiga nta ntege,

Cyava he Mwimanyi?

 

Icyatuma unyihunza

Ukansiga nigunze

Kandi nkikwisunze

Cyava he Mwimanyi?

 

Wandemye unyikunze

Icyatuma unyikura

Ukansiga nikunga

Cyava he Mwimanyi?

 

Wimfata undambika

Nkicara ndambije

N’ ejo nkarambirwa

Ibyiza wantoreye.

 

Mw’ ijoro ry’ urujijo

Ntsindira umwijima

Nkunde nsige iri juli

Ntaguze ngana ijuru.

 

Wintwara nk’ unziho

Iby’ intwari y’ urugogwe,

Urora ndwana n’ urugomo,

Rwandazwe ukindema.

 

Wimfata  nk’ isata

Nsanzwe ndi sâhera

Namye mbisanga ntyo.

 

Wimfata nk’ urwego

Nkikijwe n’ urwamo

Mu ngobe z’ umwanzi.

 

Wimfata nk’ icyatwa

Nturanye n’ icyago

Mu  mubiri w’ icyanze

 

Nkuzi ho Rwamwiza

Ukunda abakwizera

Nzahora nkwinginga

Untsindire ingingiri

Ahamvuna uhamvane

Ahanziga unzamure

Ndeba uko wandemye

Undengere n’ inema

Ntazima by’ indembe

 

Simfite kwishyira

Kandi  ngo  nizane

Nta ntege  nsangannywe

Ibyicara  bimpata

Kwivutsa  Uwampanze

Nkeka  ko  yantaye

Nzanga  kubyishinga

Nshimire  Mwimanyi

Ineza ye ntineshwa.

 

Ngabo idacikiza ibyo yatemye

Uranyitungire mu ntama

Izi zidatengurwa n’ ubwoba

Kuko zitaramye mw’ ituze

Kandi zumva ijwi ry’ umushumba.

 

Igitotsi cyose kiri mu jisho

Kinjijisha nkabura Jambo

Kibuze kwinjira imbere cyane

Ejo kidacyaha ngabire ngombwa

Ingoma zikavuga  inyuma ya Huye

 

Uru rugendo ubu ruracagase

Dore ncumbitse ngumya kwicuma

Mpa gucikira uwancunguye

Nzatamirize umukondo

Iyo mw’ irandiro ry’ urukundo.

 

Nyakibanda ku wa  30-10-1957

Par  Rugamba Cyprien



01/12/2010
0 Poster un commentaire

A découvrir aussi


Inscrivez-vous au blog

Soyez prévenu par email des prochaines mises à jour

Rejoignez les 436 autres membres