Ubuvanganzo bw'umwimerere nyarwanda

UMUSIZI Mupenzi Venuste


Umusizi MUPENZI Venuste muri iyi minsi ari gukora ibisigo byiza cyane kandi ni mugihe yarabyize kandi arabikunda, ahubwo ubanza uburyo bwari butaraboneka bwo kubishyira ahagaragara ngo na twe tubashe kubisoma. Abakurikiye amasomo nk'aye muri za kaminuza iyo, bemeza ko nta tegeko ry'inganzo yubahuka.

IBYAHISHUWE

IBYAHISHUWE II


Wowe nsogongeza iyi nganzo

Reka mbiguhe ubyumve uhore

Hato utazangaya ko natinze

Kandi waramenye ko natashye

Ukaba nta mpamba wampaye

Ngo njye guhumuriza abo nsanga

Ngo bamenye y' uko washyitse amahoro

Dore wafashe iy ' Abagesera

N' ubwo nta nkuru mbi wasize.

 

Warambejije aho nagiye

Ntabwo wambajije uko nagiye

Kandi ya nyama y' umuhigo

Kare nakekaga ko ari ihoho

Narayimize ivugira mu nda

Hafi kumpagama mu muhogo

Aka ya mbeba izira akaryoshye.

 

Aho hantu umbaza ni heza

N' iyo uhageze uranaharara

Wahahinga ugasarura,

Hera imbuto zitwa amahoro

Hariyo impuha zitagira ubugi

Ntabwo zikomeretsa ubugingo

Dore ko ari impuhwe ziganje

Zitatuma uhungabana cyane.

 

Ntabwo nsoroma ku giti cy'amahwa

Nka kimwe nasize mu wo nakonze

Ukorera kikaguhina inkokora

Wakibagarira ukababwa cyane

Wagisasira ukaraswa nabi

N' imihini yacyo itera amabavu.

 

Aho hantu ndahakubwira

Hariyo ababyeyi bazi kurera

Batagurukana n'ibiguruka

Boshye abakumbuye kubyiruka

Kandi baribarutse urubyiruko

Rumwe barwanira uduce tw' ungutiya

Boshye abamazwe n'agashungo

Mu ngeso ntindi zo gucumura.

 

Intashyo watumye yaje iguruka

Nyisoma nicaye mu mfuruka

Numva insaba kuzagaruka

Dore ko nta ngaruka bigomba

Kurora imyaka nasize yera

Gukoma akamo cya gisiga

Kirimo kona imbuto ziteze

Ndetse na ya siha yo ku irembo

Isoroma isandaza ibyo isanze

Isahura cyane ishyizeho umwete

Birya nabibye niyushye akuya.

 

Narumvise nsera mu nda

N' iyo kandi inkuru ziraza

Amaguru zayarushije Sarwaya

Zaranyarutse kurusha umuyaga.

 

Numvise ko za Sakabaka

Zihora mu bicu zirekereje

Ko hagira usohoka ngo zihe iryinyo

Muri ya mishwi nasize icuka.

 

Ngo ya nkoko yabaye inkware

Ngo ikwiye akamo itaroha izindi

Dore ko itera igaterera iyo

Ngo amahuri yayo yuje amahano

Yuzuye ibihuru iyo mu mihana.

 

Ngo ya Mutamu yarasizoye

Ngo yahauye na ya mpyisi Bihehe

Ishyira ku mbehe irahimbarwa

Ikubita ubuvumo irisegura.

 

Ngo ya bihogop ntabwo icyonsa

Cyane ko izwiho kuba iya Mweru

Ngo ahubwo yabaye nyakijoro

Ngo irara igenda inzuri zose

Izayo ziboroga mu kiraro.

 

Erega na burya yari Sagihobe

Dore ko inyange yera amababa

Ariko umubiri ufite ubusembwa

Cyangwa umutima ari ikijuju.

 

Ntugakangwe n' imbwa y' inzungu

amabara yose ntayibera

N' iyo niyorororeye ni uko

Kabone n' iyo yaba ubururu

Cyangwa umutuku uhiye neza

Nk' inzobe nziza inyerera cyane

Boshye urubura rwo mu bukonje

Ubu bw' i Burayi bwayiraruye

Burya ni uruhu yifubise.

 

Erega intare ntiba umuntu

N' iyo wayambika agatimba

Ntishira intimba ngo ubone ishimye

Ahubwo ihora ishavuza imitima

Utayihunga ikaguha iryinyo.

 

Ni igikoko nareze imyaka

Kitamoka cyane ariko kiryana

Naciye kuri nyina ari ikibwana

Ngo ngikize inzira y'amavunane

No kuva ku ivuko intungamubiri

Ndakusanya ngo gishime igaburo.

 

Nta nyamaswa yitegereza

Nticyaguheka uri ku rugendo

N' iyo unaniwe ukagwa agacuho

Kirikomereza urugendo

Bugacya kimokera mu rw' undi.

 

Niba ukibona hirya yanjye

Si uko kibuze amatovu iwanjye

Ahubwo ni umwijuto w' ikinonko

Ni ukutagira intera mu bwonko

Ni kwa kwitera akazana

Ntushishoze ngo umenye akazaza.

 

Amaguru atambereye ibinanira

Ngo ntonekwe cyane n' iyi myate

Naza wese nshyizeho akete

Ndetse ngusange aho ku cyate

Nkubaze igituma unsiba mu bawe

Nk' aho navuze ayica impfizi.

 

Ntabwo nkabiriza iyi nganzo

Ubyumve neza bibe umugambi

Maze umbwire tunoze ingingo

N' iyo byaba ari n' ibiruhije

Byaba biruta ibyambabaje

Maze dusangire insina ikonje

Twembi twibukiranye imyaka

Na ya myaku yahise igende

Nka Nyomberi izagwe ishyanga

Ishyamba ryacu ribe ryeru

Kandi ryera ihirwe ku mitima.

 

Naza cyane nk' uwisanga

Wenda IRYINYO twarisura

Na ya mirishyo yo mu GISOPE

Cyangwa igisosi cyo muri SAFARI

Tukikura ka KABAGARI

Kabamo itungo n' inyamunyu

Bituma bose uko bahagenda

Baryoherwa ubudasigaza.

 

Nazagaruka nshize urukumbu

rwa wa MUKEBE utumara irungu

Ndebe UMURERWA ko ashagawe

Maze muryohereze imisango.

 

    Wanditswe na MUPENZI  VENUSTE

 


19/02/2008
1 Poster un commentaire