Ubuvanganzo bw'umwimerere nyarwanda

NTERE UMWARI IBITOTSI BYIZA

Ndabona izuba ryaka neza 

Ndabona umwezi usa n ' unsura 
Dore ko nkumbuye kugusanga 
Ngo unsanganize ya misango 
Yo ku gasambi kanoze neza 
Unsasira ukeye ngo nsinzire.

Nduzi umwanzi asa n ' utsindwa 
Ubanza umwera abyumva neza 
Ko no mu butoya njye ndi umwere 
Kuva n ' ubwanwa buhaka ubwana 
Kugeza n ' ubu imisatsi yera 
Ntivuruguta ngo mbe Rubebe 
Ngo aho nciye nitwe Maheru 
Ndora iby ' abandi kurusha ibyacu 
Ngo akanyoni ndebye ngatere ibuye 
Akana kandoye nkime ingohe 
Aho kugaheka ngo ngahumurize 
Maze nkarohe ibutagira ibambe 
Ngo igihe kirenge ntarabibazwa 
Nk' abidegembyana icyo cyasha 
Kandi icyaha ari karande !

Gira agahenge se Juru ryanjye 
Kuko nk ' ibyo ntabihorwa 
Simbishinjwa muri gacaca 
Ntoba n ' akondo sinakubaganye 
Ngo bibe impamvu y ' ingeso ntindi 
Nti " ari kure yanjye reka mutoneke ",
Mpemuke ndamuke nzabare urw' ejo ,
Nk ' aho ntazi aho njishe igisabo ,
N ' imitozo isaga uruhimbi, 
Ngo nte Nyambo njye ku Bigarama, 
Nk ' ikigarasha ngaruzwamatako ! ".

Ibyo no mu nzozi sinkabirote 
Ngo mire umuriro ncire akanyama 
Oya rwose Kanyana kanjye 
Umutima nguhariye siwuharika 
Nk ' aho wabuze aho uwubika 
Nk ' aho naguhogoje ngenda 
Ntabwo wabuze icyo uwuhonga 
Kandi amahoro ari wowe nyakesha.

Nasanze basasa ku musenyi 
Bose baramya nyirafaranga 
Agakebe ari ko karimo k ' umunsi 
Nti " reka mbiguhe Nsekoyurwera "
Wowe nakunze uruhatse izindi 
Wowe wampaye uruzira inkiko !

Inzira yari yabaye Nyabagendwa 
Indege nta nkomyi mu kirere 
Ngo ishyitse amatako aha mu karere 
Mbona sakabaka zirajagata 
Urusaku zarurushije inyombya, 
Bati " Yambu ! "
Mbaha " Salama " !
Abo nagaburiye barahunga, 
Mburamo uwanyereka aho arara, 
Ngo ansogongeze ku ko ku ruhimbi, 
Asomaho akubutse itabaro !

Nanjye nti " sinsabana igihumbi, 
Ntabwo naje mpunga igihombo, 
Imfura y ' umwami ntiba umugaragu ! ".

Bukeye kabiri ngo " ubwo adataha, 
Abaye Intore aracyaneka ! ".
Naho ibikumi byabuze senge, 
Ingaramakirambi ni ryo rikwiye, 
Ibishubaziko ryo rirasanzwe, 
Biti " Ararutaye Imbabazabahizi ! ".

Nti " Reka nkiranuke n ' ibihinda, 
Maze ngutake barire n ' ejo, 
Kuko umutima ubimye icyanzu, 
Nanjye nzabarege icyo cyaha, 
Cyo kwitambika mu rukeye, 
Imana yasezeranyije ishishoje ! ".

Reka nze mbiguhe karabo kanjye, 
Iri sha ry ' ishyanga barenga ayabo, 
Umukoro wundi naba nkuroga ! .

Hari ababuze senge ubu bisenga ,
Hari abatikoma umuryasenge ,
Hariho abayisengera ku cyavu, 
Bagira ngo bayishyingureho ibyaha, 
Hariho abo byihishe burundu, 
Hari n ' abambaza iya Bahanda ; 
Hari abahonda intozi bikomeye, 
Hari abikirigita ngo batwenge, 
Hari abarota amanywa y ' ihangu, 
Hari abo izuba ryihishe cyane, 
Hari abo ubutore bwabuzeho icumbi, 
Bacumbagirana ingobyi y ' ibicumuro !

Indege yaraje baravugishwa 
Mbyima icyanzu mbita ku cyavu 
Ngo nkwizihire ingoma ibihumbi 
Wowe unzi intege ndetse n ' ingendo 
Kuko ari wowe wangize ingenzi 
Nkaba ndi Ngenga kuva nkikumenya.

Manzi yandinze kuba Ruhabwa 
Ukangira Ruhamwa mu mutima wawe 
Umpa " COLOMBE " unyongeza " JOYCE "
Ari bo "MAHORO " n ' " UMUNEZERO "
Bituma iyi nganzo nagize intwaro 
Ikugira isonga mu Badasumbwa.

Humura Simbi, 
Urwo rugamba nzarusohoka 
Nze ngusange ntasitara 
Nsa n ' intore idasobanya injyana 
Udutaranga murage intimba 
Azahunike ahatava izuba !

Nanyuze ku muranga ,
Akunsimira uburanga, 
N ' imico itagererwa, 
Ni ko kukugira umuraza ; 
Ntitwahuye nyakijoro ,
Dukubutse urubyiniro ,
Kuko ibyo no mu butoya, 
Utabigize intego.

Nagushatse hakeye, 
Nsanga uturuka i Bukeye, 
Sinakurushya na gatoya, 
Ngo nguhige mu butoni, 
Kuko uteta ubikwiye, 
Ubarusha njye ukurata !

Manzi yandinze imanza, 
Wowe Imana yaremye inzirikana, 
Reka ntere ipfa utagutunze, 
Usashyoma akadutaramana, 
Uwo azasaza atarambye, 
Wowe ukiganje ku nteko ,
Y ' uyu mutima naguhariye !

Marayika w ' inzozi zanjye, 
Mpa irindi joro mene igitero, 
Nze ngutere udutotsi twiza ; 
Kuko ngukumbuye Juru ryanjye.

MUPENZI BASINYIZE VENUSTE 
( Igitonyanga cy ' urukundo gitera icyizere cy ' ubuzima ).

Gituwe umugore we w ' indashyikirwa JETOU ! Bxl 23/01/2016


26/01/2016
0 Poster un commentaire