Ubuvanganzo bw'umwimerere nyarwanda

Umuhoza wanjye

UMUHOZA WANJYE.



                              (Par Mupenzi Vйnuste)

 

Umutima uratera nk' uwanyuzwe

Ntugihumeka nk' uwanyazwe

Kuko wabonye ya nyenyeri

Mu ijuru ry' ubuhoro nahoze ndota

Uwaruse bose nkesha iyi nseko

Mama ashimira ubukazana.

 

Simushima ntashishoje

Si umwe urushinga atagira shinge

Sinshushanya asanzwe asharamye

Imana yamuremye yabishatse

Iramunogereza imwima inenge.

 

Si nkungwa mu bakobwa

Ni Mukobwijana mbanye Ijabiro

Ni igisubizo cyo kwa Jambo

Si ya nshinzi yo mu Bashingwe

Ntarushinga ari umushari.

 

Si ya nkware y' imihana

Batahura bahonga

Ntabwo akwiriye ako kaga

Nk' umwe urihwa bamuroha

Ku karago k' umuruho.

 

Si ya nzobe y' ikizinga

Nka ya nyana ya Mwкeru

Ni umweкre mu baвri

Ntabwo yigeze umwкerв

Ngo asamarire umweкra

Ni umwari uzira umwaвga.

 

Ntabwo asenga asebanya

Ni agakiza mu Bakizwa

Inda yashimye ititotomba

Ngo wumve mu mbere ivovota

Boshye ivugutiwe umubirizi.

 

Umubiri wose ni umuseno

Ntuwuharaga ngo wumve uhanda

Si uwo asiga ngo agire isura

Agira amasano n' Abamarayika

Rurema yagabiye kuba beza

Ngo babe urumuri rweza imitima.

 

Agira ubwenge buzira ubwana

Burimo ineza itarushya ubwonko

Akagira isura idasebya isфoko

Asa n' akazuba karashe neza

Akaba umuganaga w' izo ndota.

 

Njya kumenya iryo hogoza

Hari saa kumi za Kamena

Nkikoza intambwe i Kanani

Ngira ngo ni intumwa ya Jambo

Impaye ikaze aho Ijabiro.

 

Anyeretse icyangiro mu matwara

Mba ngize intwaro yo kumutwara

Nca mu byatsi ngo ndore ibyansi

Naho imitozo nasukuye

Ngo nzamukamire izidateka

Ngo nzamuhembe ubutamuhenda

Kuko aberewe no guheka.

 

Ngo nsimbuke ngana ikirambi

Ubwo naraye ntaraye

Mba muteye urusinga

Ntamukina urusimbi

Ngo aseruke ntasuhuka.

 

Yaje avuna umurimbo

Ndasimbuka mugwa mu nda

Abayakirana agatwenge

Ko ku gatima katwawe

Nk' akaruhutse umutwaro.

 

Narizihiwe musanga

Andebana ubushake

N' umushinga w' urushako

Nti " shira ishavu ndashimye ".

 

Yatendeje ingohe andeba

N' indoro yuje ubutoni

Aratereka ndasarikwa

Umutima uta ibitereko

N' umusonga w' intimba

Y' agatimba nataye

Nari nambitse intare hirya.

 

Ni keza kazira ikemange

Nahaweho agahozo

Ngo ejo ntasazana ikiboze

Kandi hari iryo hogoza.

 

Ni akanayange karuta izindi

Ni akanyambo ko mu nyamibwa

Ni agasimbi ka roho nziza

Mbonamo agasaro nsinzira

Bugacya ngasingiza rikarenga.

 

             MUPENZI  VENUSTE

 



01/12/2010
0 Poster un commentaire

A découvrir aussi


Inscrivez-vous au blog

Soyez prévenu par email des prochaines mises à jour

Rejoignez les 436 autres membres